Isura 15

1 Nuko Abafarisayo n'abakarani baviye i Yerusalemu bagendera Yesu bamubwira ngo: Kubera ki abanafunzi bawe batari kubaha imigenzo y'abambere? 2 Ndo bakarabaga indoke mbere yo kurya.

3 Yabashubize ngo: Ni kubera ki namwe mutumviraga amategeko g'Imana, ahubwo mugahira imbere imico yenyu? 4 Imana yagambire ngo: Wubahe sho na mama wawe, kandi ukatuke She nangwa mama we akapfe ako kanya.

5 Ariko mwewe murikugamba ngo kila mundu ukabwire she na mama we ngo: Ibyo ngombaga kubafashisha bikave kwa Data. 6 Uwo ndo akabe yubahire she. Ingeso na kamere zenyu byatumire Igambo ry'Imana ryapoteza agaciro. 7 Mwewe ndimanganya mwe, murikwenda kwerekana ko kila mundu aboneye. Isaya yababuriye ngo: 8 Bano bandu banyubahaga ku kannwa gusha, ariko imitima yebo iri kure yanje. 9 Berekanaga ko bari kunyubaha, kandi barikukigisa ibihwenye n'ingeso zebo.

10 Nuko yayakwiye ihuriro ryoshe, bamusanga, arababwira ngo: Mwumve! 11 Ndo ari ikindu cingiye mu kannwa gihumanyaga. Ariko ibiviye mu kannwa, nibyo bibi.

12 Nuko abanafunzi be barija bamubwira ngo: Wiji ko Abafarisayo bababezwe na bya bindu byo wagambire? 13 Arabasubiza ngo: Imbuto zoshe zitaterirwe na Data, akazirandure. 14 Mubareke abo n'abayobozi b'imbumyi kandi imbumyi iyobweye iyindi zombi zigwaga hamwe mu cobo.

15 Petro yabashubize ngo: Tugambire ugo mugani.

16 Ariko si na mwewe kugeza na bunoya ndo murakamenya ico bigambire? 17 Ndo mwiji ko ikinyurire mu kannwa kijaga mu nda kinyuriye mu njira yaco? 18 Ariko ibindu byoshe bishohokaga mu kannwa bibaga biturukire m'umutima kandi byerekanaga ico umundu arico, bikamuzambya. 19 Kubera ko m'umutima g'umundu havagamo ibitekerezo bibi: ubwitanyi, ubusambanyi, kugifuza umugore w'uwundi, ubusambo, kubeserana no gutukana. 20 Binoya nibyo bitumaga umundu yaba mubi. Ariko kurya udakarabire ndo bihurize n'ingeso zenyu.

21 Yesu yaviye aho handu yigira kurya hafi ya Tiro na Sidoni. 22 Umugore w'umukanani aturuka hakurya, arikwabira cane ngo: Mbabarire, Nyagasani, mwene Daudi, umuhara wanje yafatirwe n'ibizimu.

23 Ariko Yesu atamushubiza ikindu. Abanafunzi be barija, bamuhendahenda ngo: Nyabuneka mubyire agende kubera arikutuyombera.

24 Yesu yabashubize ngo: Ndo mwiji ko natumirwe gushaka no gukiza indama zaherire za Israeli?

25 Nyuma, wa mugore arija, apfukama imbere ya Yesu arikugamba ngo: Nyabuneka mvashe.

26 Yesu yaamushubize: Ndo biboneye gufata ibiryo by'abana bo murugo no kubiterera utubwana.

27 Uwo mugore yamushubize ngo: Ndabyemeye Mwami, ariko imbwa nazo zifite uruhusha rwo gutoragura ibya menekire hashi y'imeza ya patro.

28 Nuko Yesu yamushubize ngo: Wa mugore we, kukizera kwawe kurakomeye; none bibe nguko wagifusize. Ako kanya umuhara we arakira.

29 Yesu yaviyeyo, agera ku ngengero y'ingezi ya Galilaya atarama umusozi yikara yo. 30 Abandu kangari bamusangire yo, bajenye abarwayi bebo, ibirema, abapfiye matwi, ibiragi, n'abarwayi akangari bu bwoko butandukenye. Babarambikire ku bisando bye, hanyuma arabakiza boshe. 31 Abandu boshe batangeye babwenye ibirema bikirire, ibiragi birikugamba, abatumvaga barikumva, imbumyi zirikureba, maze baragisima, bahimbaza Imana ya Israeli.

32 Yesu amarire kwakura abanafunzi be, yagambire ngo: Mbabariye bano bandu bo tumarenye imisi ishatu batari barya no kugnwa. Kandi ndo ndenda ko bagenda guco, batagwa mu njira bapfiye injara.

33 Abanafunzi be bamubazize ngo: Hanoya m'ubutayu si turakura hehe imikati yo guhaza abandu akangari boshe? 34 Yesu yababazize: Mufite imikati zingahe? Bamusubiza ngo: Dufite imikati irindwi n'uduhere tunnyori.

35 Nuko yabwiye abandu boshe ngo bikare hashi. 36 Yafatire imikati irindwi na twa duhere ashimira Imana, ahereza abanafunzi ngo bahe buri mundu. 37 Abandu bariye no guhaga. Batoragwiye imisigara yujwiye mu bisobane birindwi. 38 Abandu boshe bariye no guhaga bari bagerire ku bihumbi bine hatarimo abagore n'abana.

39 Yemerera abandu boshe ngo batahe iwebo, naho we yingira m'ubwato yigira hakurya ku mipaka na Magadani.